Umuryangoremezo wa Mutagatifu Karoli Lwanga wakoze urugendo nyobokamana ku ngoro ya Bikira Mariya Umwamikazi wa Fatima

Sangiza abandi iyi nkuru

Kuwa 22/11/2025, umuryangoremezo wisunze  Mutagatifu Karoli Lwanga wo muri Sikirisale ya Kungo, wakoze urugendo nyobokamana ku Ngoro ya Bikira Mariya Umwamikazi wa Fatima, bakora n’ umuhango wo kunyura  mu Muryango w’Impuhwe. Urwo rugendo rwaranzwe no  kuvuga Ishapule, yakurikiwe n’ inyigisho  yatanzwe na Padiri Ernest NZAMWITAKUZE, umuyobozi w’Ingoro ya Bikira Mariya Umwamikazi wa Fatima.

Umuryangoremezo wisunga Mutagatifu Karoli Lwanga muri sikirisale ya Kungo, wifatanije n’abagize Umuryango w’Umutima Mutagatifu wa Yezu biteguraga umunsi mukuru wa Kristu Umwami. Mu nyigisho Padiri Ernest yatanze, yagarutse ku kunsanganyamatsiko igira iti: “ Ninjye rembo, uzanyuraho yinjira azakizwa”.

Ni amagambo dusanga  mu Ivanjiri ya Mutagatifu Yohani intumwa (Yh 10;1-9) , cyane cyane umurongo wa 9, ahuye neza n’umuhango wo kwinjira mu Muryango w’ Impuhwe. Padiri yakomeje asobanura ko Umwepiskopi wacu yafunguye imiryango y’ impuhwe muri Paruwasi ya Rwaza na Paruwasi Katedrali  ya Ruhengeri mu rwego rwa Yubile y’impurirane  y’ imyaka 2025 y’ ugucungurwa kwa bene muntu n’imyaka 125 Inkuru Nziza igeze mu Rwanda.  Uwo mwiherero wabaye umwanya mwiza,  yaba ku bagize umunyamuryangoremezo wa Karoli Lwanga,  yaba ku banyamutima,  wo kwitagatifuza, no gukomera mu bukristu, kwiyemeza kugarukira Imana by’ukuri, atari umukristu wo ku izina gusa.

Umukristu wiyemeje kunyura mu Muryango w’Impuhwe, asabwa kubyitegura neza:

  • Asabawa kwisuzuma, akicuza ibyaha bye, akagarukira Yezu Kristu, agahabwa isakaramentu ry’ imbabazi, bigatuma abasha kwakira indurugensiya ( impuhwe z’ Imana zirandura ibyaha);
  • Kwiyemeza kongera ibikorwa by’urukundo aho aba hose: mu rugo ,mu baturanyi, mu kazi, …..;
  • Gufata icyemezo cyo guhinduka muri byose, akiyemeza kuva mu mwijima w’icyaha;
  • Gutoza abana gusenga bakiri bato cyane cyane abaha urugero rwiza(……usenga ahetse aba abwiriza uwo mu mugongo !);
  • Gusenga dusabira isi, cyane cyane yugarijwe n’ icyaha cy’ ubugomeramana;
  • Kunyura mu Muryango w’Impuhwe bijyana n’ ukwemera guhamye, kuko bitabaye mu kwemera ntaho byaba bitaniye no kwinjira mu irembo ry’isoko.

Twabashije kwakira isakaramentu ry’ imbabazi rya rusange, kuko twari benshi, hanyuma twerekeza  mu muryango w’ impuhwe, turangije kunyura mu Muryango w’ Impuhwe, dusoza n’igitambo cy’ Ukaristiya ku Ngoro.

Ubwo abagize umuryangoremezo bafataga inyigisho
Mu gihe cyo kwinjira mu Muryango w’Impuhwe

Igitambo Gitagatifu cy’Ukarisitiya

Déogratias NDAYAMBAJE

Umuyobozi w’umuryangoremezo wa Mutagatifu Karoli Lwanga-Kungo.

Previous Article

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *